Trump yabivuze ubwo yasinyaga iryo teka mu nyubako ye ya Mar-a-Lago yubatse ahitwa Palm Beach muri Leta ya Florida.
Yagize ati “Twishimiye igihugu cyacu ndetse dushaka ko hariya hitwa Ikigobe cya Amerika kandi ko [AP] izaguma guhezwa kugeza igihe bazemera ko izina ryahindutse.”
Ni ubwa mbere Perezida Trump yari avuze kuri iyi ngingo kuva abanyamakuru ba AP bamenyeshwa ko batemerewe kwinjira muri White House mu cyumweru gishize.
Perezida Trump akijya ku butegetsi, yahinduye izina ry’iki kigobe gitandukanya Mexique na Amerika rikaba rimaze hafi imyaka 400.
Gusa AP yo itangaza ko ikoresha uburyo busanzwe bukoreshwa n’ibindi binyamakuru.
Umuvugizi wa AP, Lauren Easton yagize ati “Ibi bijyanye na Leta igerageza kubwira abaturage ndetse n’itangazamakuru amagambo bakoresha. Bikaba byaratuviriyemo gukumirwa muri White House kubera uburyo twahisemo kwandika ahantu.”
AP yakumiriwe muri White House, yari isanzwe iri mu binyamakuru bikorana bya hafi n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu ndetse yanajyanaga na Perezida aho agiye hose ari nako iha amakuru ibindi bitangazamakuru.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!