Ibi yabivuze kuri uyu wa 18 Gashyantare 2025, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru muri Leta ya Florida, avuga ko Ukraine yakabaye yaratangiye ibiganiro n’u Burusiya mbere yo kwinjira mu ntambara, igatakaza uduce tumwe na tumwe twayo.
Yagize ati “Natengushywe cyane, numvise ko barakajwe no kuba nta mwanya bafite mu biganiro. Wari mu myaka itatu ishize, wakabaye utarayitangije. Wakabaye waragize ubwumvikane.”
Ni mugihe abayobozi bahagarariye u Burusiya na Amerika batangiye ibiganiro bigamije guhosha intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya, biri kubera muri Arabie Saoudite ahashyizweho amatsinda azakomeza ibyo biganiro.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yanenze kuba igihugu cye kitaratumiwe muri ibyo biganiro kandi ari ibyiga ku kibazo ifitanye n’u Burusiya, ahamya ko ibizavamo badateze kubyuhiriza kuko nta ruhare babigizemo.
Yagize ati “Ukraine ifata ibiganiro ititabiriye nk’ibitazagira icyo bitanga kandi ntitwabiha agaciro.”
Trump kandi yunze mu rya Perezida w’u Burusiya Vladmir Putin wavuze ko Zelensky atakiri perezida wa Ukraine, hakwiye gukorwa andi matora kugira ngo hagire amasezerano bagirana.
Gusa Perezida Zelensky yateye utwatsi ibyo bitekerezo avuga ko abaturage be nta kibazo bafite mu kuba akiri perezida wabo.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!