00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Abasirikare babiri bapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu y’intambara

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 August 2026 saa 10:25
Yasuwe :

Abasirikare babiri bo mu ngabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika bapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu ya gisirikare yo mu bwoko bwa Apache, ibarizwa ku birindiro bya Fort Hood, yahanukiye muri Leta ya Texas, iteza inkongi ikomeye mu byatsi.

Iyi mpanuka yabereye mu gace ka Bell, mu bilometero hafi 100 mu Majyaruguru y’Umujyi wa Austin, umurwa mukuru wa Texas.

Umuvugizi w’ibiro bya Polisi muri Bell, Cliff Coleman yavuze ko abantu babiri bari muri izo kajugujugu bapfuye.

Guverineri wa Texas, Greg Abbott, yanditse ku rubuga X ati “Uyu munsi, kajugujugu ya Apache yakoze impanuka muri Bell mu bikorwa bya gisirikare muri Fort Hood, ihitana babiri mu basirikare bacu.”

Fort Hood na yo yemeje ko kajugujugu y’intambara yo mu bwoko bwa AH-64 yakoze impanuka, igahitana abasirikare babiri.

Coleman yavuze ko inzego nyinshi zishinzwe kuzimya inkongi zo muri ako gace zageze ahabereye impanuka kugira ngo zihangane n’umuriro.

Impanuka ya kajugujugu yahitanye abasirikare babiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages