00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urwego rw’ubwiteganyirize rwa Amerika rugiye guhagarika abakozi 7000

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 1 March 2025 saa 01:07
Yasuwe :

Urwego rw’ubwiteganyirize rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwatangaje ko rugiye guhagarika abakozi bagera ku bihumbi birindwi (7000) bangana na 12% by’abakozi rufite.

Ibi biri mu itangazo ryasohowe n’uru rwego ku wa 28 Gashyantare 2025, ryavugaga ko rugiye gusigarana abakozi 50.000 mu 57.000 rwari rufite.

Ryagiraga riti “Uru rwego ruteganya kugabanya abakozi barwo benshi ndetse na serivisi zarwo, hibanzwe kuri serivisi zidafite aho zidakenerwa cyane ndetse n’abakozi bakora muri izo serivisi.”

Uru rwego kandi rwavuze ko ruzafunga amashami yarwo, ave ku 10 hasigare bane gusa.

Uru rwego rutanga serivisi z’ubwiteganyirize ku bageze mu za bukuru, abafite ubumuga ndetse n’imiryango yabuze ababo bakoreraga Leta.

Icyemezo cyo kugabanya abakozi barwo kiri muri gahunda ya Perezida wa Amerika, Donald Trump, yo kugabanya abakozi ba Leta muri rusange n’amafaranga ikoresha.

Trump akimara kujya ku butegetsi, yashyizeho urwego rwo rushinzwe kugabanya amafaranga leta ikoresha (DOGE). Rumaze gukura bakozi barenga ibihumbi 100 mu mirimo yabo.

Urwego rw'ubwiteganyirize rwa Amerika rugiye guhagarika abakozi bakora muri serivisi zidakenerwa cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .