Ubuyobozi bwo muri Ukraine bwatangaje ko ibi bitero by’indege zitagira abapilote u Burusiya bwagabye muri Kyiv byahitanye abantu icyenda, abandi 70 barakomereka.
Ni ibitero byagabwe ubwo Perezida Zelensky yari ari mu rugendo rwerekeza muri Afurika y’Epfo kuko yahageze mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 24 Mata 2025.
Muri uru ruzinduko Perezida Zelensky yabonanye na mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, nyuma ahita atangaza ko agiye kurangiza urugendo rwe igitaraganya kubera ibi bitero by’u Burusiya.
Uruzinduko rwa Zelensky muri Afurika y’Epfo rwari mu murongo wo kuzahura umubano n’imibanire myiza hagati y’ibihugu byombi.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!