00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urukiko rw’Ikirenga rwa Amerika rugiye gutanga umwanzuro niba Trump akwiriye kwiyamamaza

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré, Iradukunda Desire
Kuya 6 January 2024 saa 10:04
Yasuwe :

Urukiko rw’Ikirenga rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rwatangaje ko rugiye gusuzuma ubujurire bwa Donald Trump, nyuma y’uko arusabye gutesha agaciro icyemezo cy’Urukiko Rukuru rwo muri Leta ya Colorado rwamwambuye amahirwe yo kwiyamamariza kongera kuyobora iki gihugu.

Ku wa 19 Ukuboza 2023 nibwo Urukiko Rukuru rwa Colorado rwerekanye ko rwafashe iki cyemezo kubera uruhare rushimangira ko Trump yagize mu myigaragambyo y’urugomo yabereye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, US Capitol ku wa 6 Mutarama 2021.

Nyuma ku wa 03 Mutarama 2024 abanyamategeko ba Trump basobanuye ko mu gihugu kirimo demokarasi, icyemezo cyafatiwe muri Colorado kidakwiye, cyane ko ngo imyigaragambyo yabereye ku Nteko itakwitwa iyo kwigomeka ku nzego za Leta ndetse ko umukiliya wabo atayigizemo uruhare.

Uru rukiko rwa Colorado rwashingiye ku Itegeko Nshinga rya Amerika rikumira uwo ari we wese wagize uruhare mu bikorwa byo kwigomeka ku nzego za leta kuba yaba Umuyobozi muri Amerika, Abanyamategeko ba Trump bavuga ko ibyo bidakora k’ushaka kuba perezida.

Biteganyijwe ko muri Gashyantare 2023 aribwo Urukiko rw’Ikirenga ruzatangira gusuzuma ishingiro ry’ubujurire bwa Trump ndetse n’iry’ibyemezo by’urukiko rwo muri Colorado, uru rukiko rugaragaza ko ibizavamo bizubahirizwa mu gihugu hose.

Iki cyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga kije nyuma y’aho n’intumwa nkuru 27 za leta zitandukanye muri Amerika na zo zasabye ko rwatesha agaciro ibyemezo by’urwa Colorado kuko zigaragaza ko gukura Trump mu biyamamaza bishobora guteza ibibazo byinshi Amerika itabasha kwirengera.

Ibyemezo by’Urukiko Rukuru rwa Colorado byaciye agahigo, kuko nibwo bwa mbere Itegeko Nshinga rya Amerika ryari ryifashishishijwe mu gukura umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse ni nabwo bwa mbere Urukiko rw’Ikirenga rugiye gusesengura niba koko bikwiriye ko akurwa ku rutonde rw’abiyamamaza.

Trump wabaye Perezida wa 45 wa Amerika ashobora gukurwa mu baziyamamariza kuyobora iki gihugu mu matora ateganyijwe mu Ugushyingo 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages