00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uruganda rwa BYD rwafashwe n’inkongi y’umuriro

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 April 2026 saa 12:37
Yasuwe :

Uruganda rwa BYD rukorera mu Mujyi wa Shenzhen mu Bushinwa, rwatangaje ko igice cyarwo giparikwamo imodoka, kikanakorerwamo izagaragaje ibibazo, cyafashwe n’inkongi y’umuriro.

BYD yatangaje ko iyi nkongi y’umuriro yibasiye uruganda rwayo kuri uyu wa 14 Mata 2026, gusa nta wahaburiye ubuzima. Ntihatangajwe kandi agaciro k’ibyangiritse.

Amakuru dukesha Reuters avuga ko igice cyahiye ari igikoreshwa mu guparikamo imodoka zamaze gukorerwa igerageza cyangwa izakanitswe. Giherereye mu cyanya cy’inganda cya Shenzhen.

BYD yatangaje ko nyuma y’iyi mpanuka, abashinzwe kuzimya inkongi bahise batabara, ndetse babasha kuzimya uyu muriro. Ntiharamenyekana icyateye iyi nkongi y’umuriro.

Nyuma y’iyi mpanuka, imigabane ya BYD yahise itakaza agaciro ku kigero cya 0,6%.

Impuguke zigaragaza ko ingaruka zishobora kubaho igihe inkongi yibasiye uruganda rukora imodoka za lisansi, zitandukanye n’izibaho igihe yibasiye urukora imodoka z’amashanyarazi kuko zo zidafatwa n’umuriro vuba, ndetse kuzizimya bikoroha.

Uruganda rwa BYD rwafashwe n’inkongi y’umuriro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages