00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubuga rwa X rwagabweho igitero cy’ikoranabuhanga

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 11 March 2025 saa 06:44
Yasuwe :

Umuherwe Elon Musk yatangaje ko urubuga nkoranyambaga rwa X rwagabweho igitero cy’ikoranabuhanga mu buryo bukomeye n’abantu bataramenyekana.

Musk yatangaje ko ku wa 10 Werurwe 2025, bakiriye amakuru aturutse ku bakoresha urubuga rwa X basaga ibihumbi 60 bavuga ko rutari gukora.

Yavuze ko basanzwe bagabwaho ibitero ariko kuri iyi nshuro byari bitandukanye kuko cyari igitero gikomeye.

Bamwe mu bakoresha X bavuze ko bagiye bakira ubutumwa budasobanutse bashaka kujyaho nk’ibisanzwe bubabwira ko urubuga rwagize ibibazo bitaramenyekana.

Mu butumwa bwe yagize ati “Dusanzwe tugabwaho ibitero buri munsi, ariko ibi byabaye byakozwe mu buryo bwihariye.”

Mu kiganiro yagiranye na Fox News, Musk yagize ati " Ntabwo turamenya neza icyabaye ariko twagabweho igitero gikomeye cy’ikoranabuhanga cyari kigamije gushyira hasi sisiteme ya X, gusa amakuru atwereka ko ababikoze bari baherereye muri Ukraine."

Musk yongeyeho ko byakoze mu rwego rwo kumucecekesha we n’urubuga rwe rwa X ariko kugeza ibintu byasubiye ku murongo. Urubuga rwa X rwaherukaga kugira ibibazo byo kugabwaho igitero muri Kanama 2024.

Mu bundi butumwa yanyujije kuri X, Musk yashinje sosiyete ya ActBlue, imwe mu zikomeye iterwa inkunga n’aba-Democrates ndetse n’umuherwe George Soros, kugaba igitero kuri sosiyete ye y’imodoka ya Tesla.

Igitero cy'ikoranabuhanga cyagabwe kuri X cyatumye urubuga ruvaho ku bantu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .