Umucamanza mu rukiko rwa Fulton aho Trump azaburanira, yemeje ko urubanza rwe tariki 4 Werurwe 2024 ruzatambuka imbonankubone.
Trump areganwa n’abandi bantu 19, bose bakaba bakurikiranweho kugira uruhare mu gushaka kubangamira ibyavuye mu matora mu 2020, aho nka Trump aregwa kuba yarahamagaye uwari ukuriye amatora muri Georgia mu 2020 akamusaba kumwibira amajwi asaga ibihumbi 11.
Mu bandi bareganwa na we harimo uwahoze ari umunyamategeko we Rudy Giuliani, akaba akurikiranweho kuba umwe mu bafashije Trump gushaka amajwi yatuma atsinda mu matora ya 2020 ubwo yari ahanganye na Joe Biden.
Ibi byaha Trump aregwa ni ibintu adahwema guhakana avuga ko ari ibirego bitizwa umurindi n’impamvu zishingiye kuri politiki.
Trump agiye kuburanishwa mu gihe yiteguraga kongera kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu matora ateganyijwe mu 2024.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!