00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uri ikigoryi? Trump ku munyamakuru wamubajije iby’ubwicanyi bwabereye i Washington

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 November 2025 saa 02:50
Yasuwe :

Perezida Trump yise “ikigoryi” umunyamakuru w’umugore nyuma y’uko amubajije niba yicuza ubwicanyi buherutse kubera i Washington DC.

Ukekwaho ubu bwicanyi ni Rahmanullah Lakanwal, bivugwa ko yarashe umwe mu bashinzwe umutekano. Yageze muri Amerika mu 2021 binyuze muri gahunda ya Biden yo kwakira abimukira bo mu bihugu bitandukanye.

Ubwo umunyamakuru yabazaga Trump impamvu avuga ko ubutegetsi bwa Biden bwaranzwe n’imikorere idahwitse ahanini mu kwemeza abantu binjira muri Amerika, undi yahise amusubiza ati “Ese uri umuntu w’ikigoryi?”

Yakomeje agira ati “Kuko baje hano mu ndege hamwe n’abandi bantu ibihumbi batari bakwiriye kuba bari hano, hanyuma rero uri kubaza ibibazo kuko uri ikigoryi.”

Si ubwa mbere Trump yibasiye abanyamakuru kuko yigeze kubwira Catherine Lucey ukorera Bloomberg ko agomba guceceka, yongeraho ko ari ingurube nyuma y’aho yamubazaga ku bijyanye n’inyandiko zijyanye n’umubano we na Jeffrey Epstein.

Perezida Trump yise “ikigoryi” umunyamakuru w’umugore nyuma y’uko amubajije niba yicuza ubwicanyi buherutse kubera i Washington DC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages