Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, misile zarashe mu burasirazuba bwa Kyiv, mu gihe abaturage bavugaga ko bumvise urusaku rw’ibisasu. Ni nyuma y’umunsi umwe ibitero by’u Burusiya mu bice bitandukanye bya Ukraine bihitanye abantu 21.
Umuyobozi mu bya gisirikare, Timur Tkachenko, yavuze ko misile z’u Burusiya zishe abantu batatu, abandi batatu barakomereka. Yongeyeho ko ibisigazwa byazo byangije inyubako z’amacumbi n’imodoka, mu gihe ahandi inyubako yafashwe n’inkongi.
Abashinzwe ubutabazi bahanganye n’inkongi mu nyubako no ku kigega cya lisansi i Kyiv. Serivisi ya Ukraine ishinzwe ubutabazi, DSNS, yasohoye amafoto agaragaza igaraje, ubucuruzi n’inyubako byahiye, ivuga ko umubare w’abahohotewe ukirimo kugenzurwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!