00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwami Harald V wa Norvège yatanze

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 August 2026 saa 09:10
Yasuwe :

Umwami Harald V wa Norvège yatanze afite imyaka 89, nyuma y’iminsi yari amaze mu bitaro aho yavurirwaga indwara y’amaraso.

Ingoro y’Umwami i Oslo yatangaje ko Umwami Harald V yatanze mu mahoro saa kumi n’ebyiri n’iminota 35 za mu gitondo ku wa Gatanu (04:35 GMT), ubwo yari ari mu Bitaro Bikuru bya Oslo.

Mu masaha ya nyuma y’ubuzima bwe, abagize umuryango w’ibwami bari bamusuye. Abaturage batangiye gushyira indabo ku Ngoro y’Umwami i Oslo mu rwego rwo kumwunamira no kumugaragariza icyubahiro.

Umwami Harald V azasimburwa n’umuhungu we, Igikomangoma Haakon.

Nyuma y’imyaka 35 yari amaze ku ngoma, Umwami Harald V asize amateka yo kuvugurura imikorere y’ubwami bwa Norvège no kubwegereza abaturage. Yagaragajwe nk’umuyobozi wahuje abaturage mu bihe bikomeye igihugu cyanyuzemo.

Mu byamuranze harimo kuba yararenze ku muco wari usanzweho mu miryango y’ibwami, agashyingiranwa na Sonja Haraldsen wari Umuturage usanzwe. Uwo mwanzuro wafashije guhindura imyumvire ku muryango w’ibwami muri Norvège.

Abasesenguzi b’ibwami bavugaga ko Harald V yari umuntu woroheje, wubahwaga kandi wakundwaga n’Abanya-Norvège, bamwitaga “Umwami w’abaturage”, izina ryari ryarahawe na se, Umwami Olav V.

Umwami Harald V yavutse ku wa 21 Gashyantare 1937. Yari afite imyaka itatu gusa ubwo u Budage bw’Aba-Nazi bwatezaga intambara muri Norvège mu gihe cy’Intambara ya Kabiri y’Isi.

Mu gihe cy’intambara, nyina yahunganye na we ndetse n’abavandimwe be bajya muri Suède, nyuma baza kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batumiwe na Perezida Franklin D. Roosevelt. Nyuma y’intambara, Harald n’umuryango we basubiye muri Norvège, aho yakomeje amashuri ndetse anarangiza amahugurwa ya gisirikare.

Nyuma y’urupfu rwa se, Umwami Olav V, ku wa 17 Mutarama 1991, Harald V ni bwo yagiye ku ngoma aba Umwami wa Norvège.

Umwami Harald V wa Norvège yatanze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages