00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwaka wa 2024 waciye agahigo ko gushyuha cyane kuruta indi myaka yabanje

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 10 January 2025 saa 07:42
Yasuwe :

Ikigo gishinzwe serivisi z’ikirere i Burayi cyagaragaje ko umwaka wa 2024 ari wo mwaka washyushye cyane mu mateka kuko ari bwo ubushyuhe bw’Isi bwiyongereye ku rugero rurenze intego ya dogere celcius 1,5 yashyizweho n’ibihugu bitandukanye nk’igipimo cy’ubushyuhe kitagomba kurengwa.

Ibipimo by’ubushyuhe mu mwaka wa 2024 bigaragaza ko bwari bugiye kwiyongeraho uburenga dogere Celsius 1,6, bikavugwa ko ubushyuhe bwo kuri uru rugero ari bwo bugaragaye nyuma y’imyaka yabanjirije impinduramatwara y’inganda.

France 24 yanditse ko imyaka ya 2023 na 2024 ari yo myaka yagaragayemo ubushyuhe bwinshi bwarenze kuri dogere celcius 1,5.

Iri zamuka ry’ubushyuhe ryatewe ahanini n’imihindagurikire y’ikirere iterwa n’ibikorwa bya muntu byangiza ikirere bigateza ibiza by’ubwoko butandukanye.

Abahanga muri siyansi bemeza ko buri gace ka dogere celcius kiyongereye ku bushyuhe bw’Isi kaba gafite ingaruka zikomeye.

Mu 2024 abarenga 1300 baguye mu mutambagiro mutagatifu bazize ubushyuhe bwinshi, mu gihe ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe hamwe zateje amapfa, imyuzure, inkangu, n’ibindi biza mu bice bitandukanye by’Isi.

Ntabwo ibipimo by’ubushyuhe aribyo byazamutse cyane gusa muri 2024, kuko iyi raporo yerekana ko ubutumburuke bw’amazi y’inyanja bwazamutseho ku kigero cyo hejuru cyane.

Mu 2024 ubushyuhe bwari bwinshi cyane ugereranyije n'indi myaka yabanje

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .