00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuvugizi wa White House yasezeye, Trump amwingingira kumubera umujyanama

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 August 2026 saa 08:22
Yasuwe :

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko Karoline Leavitt wari umuvugizi wa White House, azava mu nshingano ze mu mpera za Kanama 2026, ariko akazakomeza kuba umujyanama we ukorera hanze ya White House.

Trump yabitangarije kuri Truth Social. Yavuze ko Leavitt yafashe iki cyemezo kugira ngo abone umwanya uhagije wo kwita ku muryango we. Leavitt yibarutse umwana w’umukobwa muri Gicurasi 2026. Afite abana babiri.

Trump yashimye cyane akazi Leavitt yakoze, amugaragaza nk’umwe mu bantu yari afitiye icyizere gikomeye.

Ati “Umuvugizi mwiza cyane wa White House, akaba n’umwe mu bajyanama banjye nizeye cyane, Karoline Leavitt, azava kuri uyu mwanya mu mpera z’uku kwezi kugira ngo abone umwanya uhagije wo kwita ku muryango we mwiza.”

Leavit yavuze ko nyuma yo kubyara yasubiye mu kazi ariko agahorana umutima uhagaze yumva ko atazashobora kuba umubyeyi mwiza w’abana be ngo anuzuze inshingano uko bikwiye.

Ati “Trump yansabye gukomeza gukora nk’umujyanama we wo ku rwego rwo hejuru nubwo ndi hanze [ya White House] kandi nzahora mparanira ko gahunda ya MAGA [gusubiza Amerika ikuzo yahoranye] ikomeza, no gushyira ishyaka ry’Aba-Republicain imbere.”

Leavitt yinjiye mu nshingano zo kuba Umuvugizi wa White House afite imyaka 27, bituma aba umuntu muto mu myaka wabaye kuri uwo mwanya mu mateka ya Amerika. Ubu afite imyaka 28.

Karoline Leavitt wari umuvugizi wa White House yasezeye ngo ajye kurera abana be

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages