Uyu mugabo yafashwe nyuma y’uko hatanzwe amakuru y’ibanga, avuga ko ari kugana ku kibuga cy’indege atwaye izo zahabu rwihishwa aho yari yateguye kuzizingira ku maboko ye akarenzaho ishati bisanzwe, hanyuma agasohokera ahantu hasanzwe haca abantu bitabaye ngombwa ko basakwa.
Kubera ko ari umukozi wa sosiyete y’indege, yari yizeye kudasakwa.
Hari abandi bagenzi babiri bavaga muri Singapore na bo batawe muri yombi ku wa Gatatu ku Kibuga cy’Indege cya Chennai aho bari batwaye zahabu zipima ibiro 6,8 nk’uko byatangajwe n’abakora muri gasutamo yo mu mujyi wa Chennai.
Abo bagabo bombi kimwe na Shafi, baracyari mu maboko y’ubugenzacyaha mu gihe iperereza rigikomeje gukorwa.
Ikigo cya Air India Shafi yakoreraga, cyahise gitangaza ko ahagaritswe ku mirimo ye, kinavuga ko kitazigera cyihanganira imyitwarire yose ihabanye n’amategeko ishobora kuranga umwe mu bakozi bacyo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!