00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukobwa wa Gisèle Pelicot wasambanyijwe n’abagabo 50, yasabiye Se gupfa

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 11 January 2025 saa 05:27
Yasuwe :

Umukobwa wa Domique Pelicot wakatiwe igifungo cy’imyaka 20 nyuma yo guhamywa icyaha cyo gusambanya ku ngufu uwahoze ari umugore we Gisèle Pelicot afatanyije n’abandi bagabo 50, Caroline Darian, yavuze ko Se akwiye gupfira muri gereza.

Uyu mugore w’imyaka 46 mu kiganiro yagiranye na BBC, yavuze ko atazongera kwita Domique Pelicot Se ahubwo ko akwiye gupfira muri gereza.

Domique Pelicot yafashwe ubwo yageragezaga gufotora akenda k’imbere k’umugore mu iduka, polisi iza gusanga amashusho menshi muri mudasobwa ye y’umugore we ari guhohoterwa no gusambanywa n’abagabo banyuranye.

Domique yahamwe n’icyo cyaha ndetse n’abagabo 50 yishyuye ngo basambanye umugore we barafunzwe.

Mu rubanza rwa Pelicot kandi hagaragajwe ko yajyaga aha umugore we imiti ifatwa nk’ibiyobyabwenge bituma uwahohotewe atibuka ko yahohotewe cyangwa ko yafashe ibiyobyabwenge.

Nyuma y’urubanza, Caroline Darian yiyemeje gukora ubukangurambaga bwo kurwanya iyo miti kuko itavugwa kenshi kuko abayinyoye batabasha kwibuka ko bayinyoye.

Darian yizera ko Se yamuhohoteye nubwo nta bimenyetso abifitiye. Mu mashusho yari kuri mudasobwa ya Se harimo n’amafoto ye abiri ariko nta kindi kimenyetso cyerekana ko yaba yaramuhohoteye.

Avuga ko ari ibintu bikigoye mama we, Gisele, kumva ko yafashwe ku ngufu inshuro zirenga 200 n’umugabo we.

Akomeza avuga ko ari umutwaro ukomeye kuba umwana w’umugizi wa nabi n’uwahohotewe.

Daroline Darian (iburyo) ari kumwe n'umubyeyi we Gisèle Pelicot wafashwe ku ngufu inshyuro zirenga 200

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .