Vance yasobanuye ko ayo masezerano ari inyandiko ngufi y’urupapuro rumwe n’igice, ikubiyemo imirongo migari y’ibyo impande zombi zumvikanyeho.
Abayobozi bakuru ba Amerika bavuze ko kimwe mu biteganyijwe ari uko umuhora wa Hormuz, unyuzwamo igice kinini cy’ubwikorezi bwa peteroli ku isi, uzongera gufungurwa ku wa Gatanu, ari na bwo ayo masezerano azashyirwaho umukono i Genève mu Busuwisi.
Aya makuru yatangajwe mu gihe Trump yitabiriye inama ya G7 mu Bufaransa, aho ikibazo cya Iran cyagombaga kuganirwaho mu nama yihariye yitabiriwe n’abayobozi ba Misiri, Qatar na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Abayobozi ba Amerika bavuze ko amasezerano yasinywe mu buryo bw’ikoranabuhanga na Trump, Vance ndetse na Mohammad Bagher Ghalibaf, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Iran.
Biteganyijwe ko ibiganiro bya tekiniki ku bijyanye na gahunda yo gukoresha ingufu za kirimbuzi ya Iran bitangira muri iki Cyumweru, mu gihe gukurirwaho ibihano cyangwa kurekurirwa imitungo byafatiriwe bizaterwa n’uko Iran yubahiriza ibyo yemeye.
Vance yavuze ko Iran yemeye kugira uruhare mu mahoro n’umutekano w’akarere, harimo no guhagarika inkunga ihabwa imitwe Amerika ifata nk’iy’iterabwoba. Yongeyeho ko icy’ingenzi ari uko Iran igomba gutanga icyizere kigenzurwa ko itazubaka intwaro za kirimbuzi.
Aya masezerano ateganya kongera agahenge k’iminsi 60, impande zombi zigakomeza kuganira ku masezerano ya burundu. Iran yavuze ko igifitiye Amerika amakenga akomeye, ariko ko aya masezerano ari intambwe igamije kugabanya umwuka mubi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!