00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukraine yagabye bitero bya drones 600 ku Burusiya

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 August 2026 saa 03:56
Yasuwe :

U Burusiya bwatangaje ko Ukraine yagabye igitero karundura cy’indege zitagira abapilote ku Murwa Mukuru w’u Burusiya, Moscow cyasize abantu batatu bakomerekeyemo.

Ku wa 16 Kanama 2026, indege zitagira abapilote zirenga 600 ni zo zarashe mu Burusiya.

Umuyobozi w’Umujyi wa Moscow, Sergey Sobyanin yavuze ko ibyo bitero by’indege zitagira abapilote byatangiye mu ijoro ryo ku wa 15 Kanama 2026, birangira mu rukerera rwo ku wa 16 Kanama.

Ati “Ukraine yagabye ibitero by’indege zitagira abapilote zirenga 600 byatangiye mu ijoro ryo ku munsi w’ejo birangira mu ma Saa Kumi n’Ebyiri n’Igice za mu gitondo ndetse 201 muri zo zarashwe zitaragera ku butaka bwacu.”

Ibi bibaye nyuma y’uko ku wa 15 Kanama 2026, Ukraine yari yatangaje ko ibitero byayo byangije ikibuga cya gisirikare cy’indege cyo mu Burusiya ndetse n’ikigo Kyiv ivuga ko gifitanye isano n’umushinga w’u Burusiya wa internet yifashisha ibyogajuru, ujya kumera nka Starlink.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko missiles zo mu bwoko bwa Flamingo zateye kuri icyo kigo giherereye ku bilometero hafi 900 uvuye ku mupaka wa Ukraine.

Icyakora yavuze ko na bo batewe bikomeye, ko nzego z’ubutabazi zikomeje gukorera ahibasiwe n’ibitero by’u Burusiya byagabwe muri iki gitondo cyo kucyumweru no mu ijoro ryakeye. Yavuze ko i Kyiv, inkongi zazimijwe vuba, ubu hakaba hakomeje ibikorwa by’ubutabazi.

Ati “Mu Mujyi wa Kyiv no mu nkengero zawo, u Burusiya bwakomerekeje abantu batandatu. Kremenchuk na Kryvyi Rih na ho hagabweho ibitero hakoreshejwe misile. Ahantu hose u Burusiya bushobora kugera bukoresheje misile zabwo zikomeye, bwibasira ibikorwaremezo by’abasivili. I Kryvyi Rih, abantu babiri barishwe, abandi 14 barakomereka. Muri Sumy, umuntu umwe yarishwe. Nihanganishije imiryango yabo n’abo bakundaga.”

Muri iki cyumweru cyonyine, uturere 13 twagabweho ibitero. Umwanzi yakoresheje indege zitagira abapilote zirenga 1550, ibisasu byo mu kirere bigera hafi ku 1560, ndetse na misile 62 zarashwe ku mijyi n’aho abaturage batuye, nyinshi muri zo zikaba zari misile z’ubwoko butandukanye.

Ukraine yagabye bitero bya drones 600 ku Burusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages