Ni ibyatangajwe kuri uyu wa 08 Nyakanga 2024, ndetse Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, abinyujije ku Rukuta rwa X atangaza ko u Burusiya bwabigabye bugamije gusenya imijyi nka Kyiv, Dnipro, Kryvyi Rih, Sloviansk na Kramatorsk.
Perezida Zelensky yanatangaje ko ibyo bitero biri mu bikomeye u Burusiya bugabye kuri Ukraine, ku buryo byangije n’ibindi bikorwaremezo byinshi birimo inyubako, ndetse bigasiga mu kaga ubuzima bw’abana bari mu bitaro i Kyiv.
Ibi bibaye mu gihe Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky ari mu ruzinduko muri Pologne, aho byitezwe ko asinya amasezerano y’ubufatanye n’icyo gihugu mu kumutera inkunga yo kubaka igisirikare cye gihanganye n’u Burusiya muri iyi ntambara.
Mu butumwa yanyujije kuri X kandi, Perezida Zelensky yatangaje ko amahanga akwiye guha Ukraine ubufasha bwihuse, by’umwihariko ubwo gukumira ibyo bitero byo mu kirere igihugu cye kiri kugabwaho n’u Burusiya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!