00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubukene buranuma muri Loni

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 2 February 2026 saa 04:25
Yasuwe :

Umuryango w’Abibumbye wasabye ibihugu biwugize kubahiriza amasezerano bikishyura umusanzu wabyo bitabaye ibyo ushobora guhagarika ibikorwa byawo kubera ibibazo by’ubukene.

Ibi ni ibyanditswe mu ibaruwa Umunyabanga Mukuru w’Umuryango w’Ababibumbye, António Guterres, yandikiye ibihugu bigera ku 193 bigize uyu muryango agaragaza ko kutishyura umusanzu kwabyo biri gushyira mu kaga uyu muryango.

Guterres asobanura ko UN imaranye iminsi ibibazo by’amafaranga bituruka ku kuba abanyamuryango bayo batishyura umusanzu wabo uko bikwiye, ibituma hari igihe yishyura amafaranga itakiriye.

Ati “Ibihugu byose bigomba kwishyura umusanzu wabyo kandi ku gihe cyangwa ibihugu bigahindura amategeko hagamijwe kurinda UN gusenyuka izira kubura amafaranga.”

Guterres yagaragaje ko mu 2025, imisanzu ingana na 77% yishyuwe hasigara 23% atishyuwe.

Agaragaza ko mu 2026 gusa uyu muryango usabwa kwishyura miliyoni 227$ y’imishinga itarakozwe bigendanye n’itegeko ry’uyu muryango rigena ko amafaranga atarakoreshejwe mu mishinga yari aganewe asubizwa, ibisa no gutanga amafaranga itakiriye.

Ibi bibazo kandi byatijwe umurindi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagiye ihagarika imikoranire ndetse n’inkunga yageneraga uyu muryango.

Amerika ni yo yari umuterankunga mukuru w’uyu muryango kuko nko mu 2022 iki gihugu cyahaye inkunga ya miliyari 17$ UN, yo kwifashisha mu bikorwa by’ubugiraneza.

Gusa mu ntangiriro za Mutarama 2026 Amerika yikuye mu miryango myinshi harimo amashami 31 ya Loni.

Perezida wa Amerika Donald Trump agaragaza ko kuva muri iyo miryango ari ukugabanya ibikorwa byo kwangiza imisoro itangwa n’abaturage ba Amerika ikoreshwa mu kujya gukemura ibibazo by’Isi aho gukemura iby’Abanyamerika.

Umunyabanga Mukuru w'Umuryango w'Ababibumbye, António Guterres, yagaragaje ko hatagize igikorwa vuba uyu muryango ushobora guhagarika ibikorwa byawo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages