00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

UAE igiye kuva mu muryango OPEC uhuza ibihugu bicuruza ibikomoka kuri peteroli

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 28 April 2026 saa 04:46
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zatangaje ko tariki ya 1 Gicurasi 2026 kizava mu muryango mpuzamahanga uhuza ibihugu bicuruza ibikomoka muri peteroli byinshi, OPEC, na OPEC+ irimo u Burusiya.

Iki gihugu cyasobanuye ko iki cyemezo gishingiye ku ntego y’igihe kirekire cyihaye ijyanye no kwitunganyiriza urwego rwacyo rw’ingufu, bidasabye ubufatanye n’ibindi bihugu.

Minisitiri wa UAE ushinzwe ingufu, Suhail Al Mazrouie, yagize ati "Icyemezo cya UAE cyo kuva muri OPEC kigaragaza impinduka za politiki zijyana n’amahame y’igihe kirekire arebana n’isoko."

Suhail yasobanuye ko nubwo UAE igiye kuva muri OPEC na OPEC+, izakomeza gusigasira ihame ryo kurinda umutekano w’ibikorwaremezo bitanga ingufu no kugabanya imyuka ihumanya ikirere.

OPEC igizwe n’ibihugu 12 birimo bitandatu byo muri Afurika. Yihariye 36% by’ibikomoka kuri peteroli bitunganywa ku Isi, kandi bivugwa ko 80% by’ibiri mu bubiko kuri uyu mubumbe ari ibyayo.

Arabie Saoudite ni yo itunganya ibikomoka kuri peteroli byinshi muri OPEC, igakurikirwa na Iraq. UAE iri ku mwanya wa gatatu, itunganya 15% by’ibitunganywa muri uyu muryango.

Ku munsi umwe, UAE itunganya utugunguru miliyoni 2,9 tw’ibikomoka kuri peteroli. Ifite intego yo kongera ubushobozi, ikazajya itunganya utugunguru miliyoni 5 ku munsi mu 2027.

OPEC igiye gusigaramo ibihugu 11, OPEC+ isigaremo 12
OPEC igira uruhare rukomeye mu bucuruzi bw'ibikomoka kuri peteroli

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages