Ku wa Kabiri, i Paris mu Bufaransa habereye inama yiswe iy’abafatanyabikorwa ba Ukraine yari yitabiriwe n’ibihugu by’i Burayi birimo u Bwongereza n’u Bufaransa. Yari yanitabiriwe kandi n’Intumwa za Perezida Trump.
Nyuma y’ibiganiro, u Bwongereza n’u Bufaransa byavuze ko bizashyira ibigo bya gisirikare hirya no hino muri Ukraine mu gukumira igitero cyose cy’ahazaza, mu gihe Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, we yavuze ko hashobora koherezwa ibihumbi by’ingabo.
Aba bafatanyabikorwa ba Ukraine kandi bashimangiye ko Ukraine ikwiye gushyirirwaho ingamba zikomeye zo kurinda umutekano wayo, banasaba ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zajya ku isonga mu kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge mu gihe kazaba kemejwe.
U Burusiya bwakomeje kuvuga ko ingabo zose z’amahanga zaba ziri muri Ukraine zafatwa nk’uburyo bwo guhungabanya umutekano wabwo.
Gusa ikibazo gikomeye kijyanye n’ubutaka kiracyaganirwaho. Ubu u Burusiya bugenzura nibura 20% by’ubutaka bwa Ukraine.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko ibiganiro by’i Paris ari intambwe ikomeye igana imbere, gusa ashimangira ko icyihutirwa ari uko intambara ihagarara.
Ibyemerejwe i Paris bikubiye mu ngingo eshanu z’ingenzi harimo iyoherezwa ry’ingabo mpuzamahanga muri Ukraine zifite inshingano kubungabunga umutekano mu kirere, mu nyanja no ku butaka.
Harimo kandi kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge, gushyigikira ingabo za Ukraine, amasezerano ahamye yo gushyigikira Ukraine mu gihe habaye igitero gishya cy’u Burusiya; ubufatanye burambye mu bya gisirikare hagati ya Ukraine n’abandi bafatanyabikorwa bayo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!