Ibi yabitangaje ku wa 26 Mata 2026 mu kiganiro na BBC. Darren yavuze ko Guverinoma y’u Bwongereza igiye gufata ingamba kugira ngo hakemurwe ibibazo by’ibura ry’ibiribwa n’ibikomoka kuri peteroli bishobora guterwa n’intambara iri kuba.
Yagize ati “izamuka ry’ibiciro rishobora kuzamara amezi umunani cyangwa akarenga bitewe n’ibibazo by’ubukungu. Bivuze ngo abaturage bacu bazahura n’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa, amatike y’indege, n’ibikomoka kuri peteroli bitewe n’ibibazo Trump ari guteza Burasirazuba bwo hagati.”
Ibikomoka ku ngufu n’ubwikorezi mu Burasirazuba bwo hagati byaragabanyutse ndetse hamwe birahagarara bitewe n’iyi ntambara bituma ibiciro bikomeza gutumbagira.
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Keir Starmer, yavuze ko hari gutegurwa inama y’abayobozi izaba ku wa Kabiri yiga ku guhangana n’izamuka ry’ibiciro gusa nyuma hateganyijwe inama y’abaminisitiri izajya iba inshuro ebyiri mu cyumweru kugira ngo hafatwe ingamba zigamije gushaka umuti w’ibura ry’ibiribwa.
Kugeza ubu ubukungu bwo mu Bwongereza buhagaze nabi bitewe n’ingaruka z’intambara ya Amerika, Israel kuri Iran ndetse Ishami ry’Imari Mpuzamahanga IMF ryahinduye igipimo cy’izamuka ry’ubukungu riva kuri 1,3% rigera kuri 0,8%.
Abo mu Ishyaka Liberal Democrats basabye Leta gushyira umutekano w’ibiribwa bagashyiraho uburyo bwo gufasha abahura n’ikibazo cyo kutigondera ibiribwa banasaba kugabanya imisoro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!