00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza bwohereje izindi ndege z’intambara muri Qatar

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 5 March 2026 saa 10:32
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yatangaje ko kuri uyu wa 5 Werurwe 2026 igihugu cyabo cyohereje izindi ndege z’intambara enye zo mu bwoko bwa Typhoon muri Qatar mu gihe intambara yo Burasirazuba bwo Hagati ikomeje.

U Bwongereza bwafashe icyemezo cyo kohereza indege z’intambara mu Burasirazuba bwo Hagati nyuma y’aho drones za Iran zirashe ku birindiro by’ingabo zabwo biri muri Chypre, mu gihe intambara ya Amerika, Israel na Iran yari ikomeje.

Nyuma y’iki gitero, u Bwongereza bwohereje muri Chypre kajugujugu zo mu bwoko bwa Wildcat kugira ngo zihangane na drones z’ubwiyahuzi za Iran, ziganjemo Shahed.

Yagize ati “Ibi bisobanuye ko imbaraga twashyize mu gisirikare no mu rwego rwa dipolomasi zigamije kurinda abantu bacu kandi bivuze ko dufite imbaraga zo guhagarara twemye ku ndangagaciro n’amahame yacu, n’iyo twashyirwaho igitutu kugira ngo dukore ibihabanye n’ibyo.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza ntibicana uwaka nyuma y’aho Starmer yanze ko Abanyamerika bakoresha ibirindiro byabo muri Chypre bagaba ibitero kuri Iran cyangwa se mu gukumira ibyo bagabwaho.

Keir Starmer yatangaje ko u Bwongereza bwohereje indege z'intambara muri Qatar kugira ngo zirinde umutekano w'Abongereza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages