00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza bwiyemeje gufasha Ukraine kwikorera misile

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 August 2026 saa 08:58
Yasuwe :

Ubwongereza bwatangaje ko bwiteguye guha Ukraine amakuru n’imishinga yo gukora misile za Storm Shadow zakozwe ku bufatanye n’u Bufaransa, kugira ngo Ukraine ibashe kuzikorera ubwayo.

Iyi gahunda igaragaza ko ibihugu bimwe byo mu Burengerazuba bw’Isi byiteguye gusangiza Ukraine ubumenyi n’ikoranabuhanga mu kuyifasha kwirwanaho.

Ariko iyi nkunga yonyine ntiteganyijwe guhindura cyane imigendekere y’urugamba kuko misile za Storm Shadow na SCALP Ukraine yahawe n’u Bwongereza ndetse n’u Bufaransa, kandi zari zarakoreshejwe mu kugaba ibitero ku birindiro bya gisirikare mu Burusiya.

Izi misile zihenze kandi zikorwa hakoreshejwe ibikoresho binyuranye ku buryo Ukraine bishobora kuzayifata igihe kirekire ngo izikorere mu gihugu cyayo.

U Bwongereza bwo bwarahiye ko buzakomeza gushyigikira Ukraine uko byagenda kose.

Ukraine imaze gutera imbere mu gukora intwaro zayo, cyane cyane drones, ariko iracyakeneye ibindi bikoresho bikomeye birimo misile zo kurwanya ibitero by’intwaro zirasa mu ntera ndende.

Perezida Zelenskyy ya Minisitiri w'Intebe w'u Bwongereza bagiranye ibiganiro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages