00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza bugiye kugabanya inkunga bwohereza mu mahanga

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 26 February 2025 saa 03:49
Yasuwe :

U Bwogereza bwemeje ko guhera mu 2027, buzagabanya inkunga bwohereza mu mahanga mu rwego rwo kongera ingano y’ibishorwa mu bijyanye n’umutekano, 2,6% by’umusaruro mbumbe w’iki gihugu (GDP) bigashyirwa mu bwirinzi.

Kuri wa 25 Gashyantare 2025, ni bwo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yabwiye Inteko Ishinga Amategeko ko nubwo bigoye, ingano y’inkunga yoherezwaga mu mahanga igomba kuva kuri 0,5% ikagera kuri 0,3% by’umusaruro mbumbe w’icyo gihugu.

Ati “Iki ni icyemezo kigoye kandi kibabaje kugifata, ntabwo ari itangazo nishimiye gutanga.”

Yakomeje avuga ko bakwiriye gukora ibishoboka byose bakongera kubaka iterambere ry’igihugu haherewe ku mutekano wacyo.

Nubwo bizagenda bityo ariko, Starmer ashimangira ko ibikorwa byo gutera inkunga ibikorwa byo kwita ku kiremwamuntu muri Sudani, Ukraine ndetse na Gaza byo bizagumaho.

Umuyobozi Mukuru wa UNICEF mu Bwongereza, Dr. Philip Goodwin, yavuze ko kuba igihugu kigiye kugabanya inkunga cyoherezaga mu mahanga, bizatuma abana babarirwa muri za miliyoni babaho nta bwisungane mu kwivuza, nta byo kurya bihagije kandi badafite ubushobozi bwo kwiga.

Ati “Mu gihe ibibazo by’umutekano muke ku Isi bigikomeje kwiyongera, nta gushidikanya ko iki cyemezo kizagira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu."

Imibare ya OTAN igaragaza ko u Bwongereza bwakoresheje 2,3% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu mu bijyanye n’umutekano mu 2024. Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2023/24, ayo mafaranga yari miliyari 53,9£.

Biteganyijwe ko aya mafaranga azazamuka agera kuri miliyari 56,9£ mu 2024/25, na miliyari 59,8£ mu 2025/26.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yavuze ko u Bwongereza bugiye kugabanya inkunga bwohereza mu mahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .