00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza: Abari munsi y’imyaka 16 bagiye gukumirwa ku mbuga nkoranyambaga

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 June 2026 saa 03:22
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer yatangaje ko abana bo muri iki gihugu bari munsi y’imyaka 16, bagiye gukumirwa ku mbuga nkoranyambaga za Snapchat, TikTok, YouTube, Instagram na Facebook.

Ni icyemezo Minisitiri w’Intebe Starmer yatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kamena 2026, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mu biro bye.

Yavuze ko iki cyemezo ari “impinduka z’ingenzi ku bana bacu n’ahazaza hacu.”

Ati “Imbuga nkoranyambaga ziri gutuma abana bacu babaho batishimye, ziri gutanga icyuho ku babannyuzura, ababibasira ndetse bishobora no kugera ku guhungabanya ubuzima bwabo bwo mu mutwe.”

Biteganyijwe ko imbuga nkoranyambaga aba bana bazakumirwaho ari Snapchat, TikTok, YouTube, Instagram na Facebook. WhatsApp na Signal byo bazakomeza kubikoresha, ariko batemerewe kuganira n’abantu batazi.

Ku bijyanye na porogaramu z’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano nka ChatGPT n’izindi, abana bazaba bemerewe kuzikoresha, ariko badashobora kuzibaza ibijyanye n’urukundo.

Biteganyijwe ko nta mwana uzahanwa kuko yarenze kuri aya mategeko, ahubwo hazajya hahanwa imbuga nkoranyambaga zatanze icyo cyuho.

Minisitiri w’Intebe Starmer ashaka ko umushinga w’itegeko rigena iki cyemezo uzaba watowe bitarenze kuri Noheli y’uyu mwaka, rigatangira gukurizwa mu ntangiriro z’umwaka utaha.

Mu gihe u Bwongereza bwatora iri tegeko, bwaba bukurikiye ibindi bihugu nka Australie n’u Bufaransa. Ibindi biri kubyigaho harimo Autriche na Denmark.

Mu Bwongereza abari munsi y’imyaka 16 bagiye gukumirwa kuri Snapchat, TikTok, YouTube na Instagram

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages