Ku wa 23 Mutarama 2025 Akanama gashinzwe politike y’ifaranga ka Banki Nkuru y’u Buyapani kafashe icyemezo cyo kuzamura inyungu fatizo bitewe n’izamuka ry’ibiciro ryakomeje kugaragara cyane mu mezi 16 ashize.
Guverineri w’iyi Banki, Kazuo Ueda, yari yabanje guteguza izamuka ry’inyungu fatizo muri Nyakanya ya 2024.
Imibare yerekana ko ibiciro muri rusange mu Buyapani byazamutse ku rugero rwa 3% mu Ukuboza 2024.
BBC yanditse ko iki cyemezo Banki Nkuru y’u Buyapani igifashe nyuma y’iminsi mike Perezida Donald Trump arahiriye kuyobora Amerika, kikagirana isano n’ibyo yavuze ko azazamura imisoro ku bicuruzwa biva mu mahanga byinjira ku isoko rya Amerika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!