00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Butaliyani bwashyizeho amande ku banywera itabi mu ruhame

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 3 January 2025 saa 07:19
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Milan mu Butaliyani bwashyizeho itegeko ribuza abantu kunywera itabi ahantu hari abantu benshi, aho uzajya afatwa ari kurinywa azajya acibwa amande ari hagati ya 41$ na 249$.

Iri tegeko rivuga ko nta muntu wemerewe kunywera itabi ahantu hari abantu benshi yaba mu muhanda ndetse n’ahandi. Ni mu gihe ahari abantu bake umuntu yemerewe kurinywa yitaruye abantu muri metero 10, iryo tegeko rikaba ryatangiye gukurikizwa ku wa 1 Mutarama 2025.

Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Milan, Anna Scavuzzo, yavuze ko iri tegeko ryashyizweho rigamije gukomeza kubungabunga ubuzirantege bw’umwuka mu mujyi ndetse no kurinda abaturage ingaruka zo guhumeka itabi.

Myrian Illiano, umucurizi wo muri uyu mujyi ubwo yaganiraga na AFP yavuze ko icyemezo cyafashwe kidakwiriye kuko kunywera itabi mu nzu ari byo bibi.

Yagize ati “Ndumva iki cyemezo gikabije. Njyewe numva kunywera itabi mu nzu arib wo waba ubangamye ariko ubikoze uri hanze ntacyo byaba bitwaye.”

Iri tegeko ni igice cya kabiri cy’amabwiriza yashyizweho mu 2021, aho hashyizweho amabwiriza yo kubuza abantu kunywa itabi mu ma pariki y’abana, mu modoka rusange no ku bibuga by’imikino byo hanze.

Kunywa itabi byari byarahagaritswe mu bice byose by’imijyi y’u Butaliyani kuva mu 2005 ndetse imijyi myinshi yashyizeho amategeko yayo yiyongera kuri ayo gusa ntabwo yubahirijwe.

Umujyi wa Milan mu Butaliyani washyizeho itegeko ribuza abantu kunywera itabi mu ruhame

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .