Izi ngamba nshya zatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giuseppe Conte, wavuze ko utubari, restaurant n’inzu zitunganyirizwamo imisatsi bigomba gufungwa.
Ikindi ni uko ibigo bitandukanye byasabwe gufunga amashami yabyo atari ngombwa mu kwirinda ko iki cyorezo gikomeza gukwirakwira.
Conte yavuze ko gukaza uburyo bwo kurwanya Coronavirus bitangira gushyirwa mu bikorwa kuri uyu wa Kane kugera ku wa 25 Werurwe.
Magingo aya, u Butaliyani bwamaze gufunga amashuri, inzu zikorerwamo siporo, inzu ndangamateka,utubyiniro ndetse n’ahandi hantu hatandukanye mu gihugu. Ni mu gihe na Shampiyona y’igihugu mu mupira w’amaguru nayo yahagaritswe.
Abantu barenga ibihumbi 12 nibo bamaze kwandura Coronavirus mu Butaliyani, naho abagera kuri 830 bo bitabye Imana.



















TANGA IGITEKEREZO