00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bushinwa bwamaganye ibirego bya Amerika ku bitero by’ikoranabuhanga

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 2 January 2025 saa 08:08
Yasuwe :

Leta y’u Bushinwa yamaganiye kure amakuru yavugaga ko yagabye ibitero by’ikoranabuhanga kuri Minisiteri y’Imari ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ku wa mbere tariki 30 Ukuboza 2024, Minisiteri y’Imari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagaragaje ko yinjiriwe n’abajura mu by’ikoranabuhanga (hackers) bakomoka mu Bushinwa.

Leta y’u Bushinwa yabyamaganiye kure, ivuga ko ari urwitwazo rw’Amerika kugira ngo iharabike iki gihugu ku mpamvu za politiki no gusakaza ibinyoma.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa, Mao Ning yavuze ko ibi ibirego bidafite shingiro dore ko nta bimenyetso bihari.

Ati “U Bushinwa bwagaragaje ko budashyigikiye ibitero ibyo aribyo byose by’ikoranabuhanga, ndetse tunarwanya birushijeho ikwirakwizwa ry’ibihuha biharabika u Bushinwa kubera impamvu za politike.”

Ibi bikurikiye raporo iheruka gushyirwa hanze ivuga ku itsinda ry’Abashinwa ry’abajura mu by’ikoranabuhanga ryitwa Salt Typhoon, ryinjiriye imiyoboro y’itumanaho ya Amerika, rishobora kugera ku biganiro by’amajwi n’ubutumwa bugufi bw’abayobozi ba Amerika barimo uheruka gutsindira kuyobora iki gihugu, Donald Trump ndetse n’abandi.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa, Mao Ning yavuze ko ibi ibirego bidafite shingiro dore ko nta bimenyetso bihari

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .