00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bushinwa: Abarenga miliyoni bakuwe mu byabo kubera inkubi y’umuyaga

Yanditswe na IGIHE
Kuya 10 August 2026 saa 07:39
Yasuwe :

U Bushinwa bwimuye abantu barenga miliyoni mu ngo zabo mu burasirazuba bw’igihugu, harimo no mu Mujyi wa Shanghai, nyuma y’uko inkubi y’umuyaga yotwa Dolphin yibasiye iki gihugu ku wa 9 Kanama.

Iyi nkubi y’umuyaga yari ifite umuvuduko ugera kuri kilometero 150 ku isaha ubwo yageraga i Yuhuan mu Ntara ya Zhejiang, mbere yo kongera kugera ku butaka mu Mujyi wa Wenzhou.

Yahungabanyije ingendo mu bice bitandukanye, aho ingedo zigera ku 1.400 zahagaritswe i Shanghai. Abategetsi bari babanje gutanga impuruza, ariko nyuma bayigabanya ubwo Dolphin yagendaga igabanya ubukana.

Nubwo inkubi iri gukomeza mu bice by’imbere mu gihugu, hatanzwe impuruza ko hashobora kugwa imvura nyinshi, imyuzure ndetse n’inkangu. Shanghai n’izindi ntara zirimo Shandong, Henan, Hubei, Anhui, Jiangsu na Zhejiang zitezwemo imvura nyinshi.

Muri Wenzhou, abantu bagera ku 900.000 bimuriwe ahatekanye, hanategurwa ahantu harenga 1.000 ho kwakirira abahuye n’ibiza. Muri Taizhou na ho, abagera ku 390.000 bavuye mu ngo zabo.

Dolphin yari yabanje kwibasira Philippines, Taiwan ndetse n’ikirwa cya Okinawa mu Buyapani mbere yo kugera mu Bushinwa.

Inkubi y'umuyaga yitwa Dolphin yatumye abarenga miliyoni bahungishwa
Uyu muyaga wahereye mu bihugu birimo Philippines

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages