00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwigaruriye uduce 19 twa Ukraine

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 August 2026 saa 12:08
Yasuwe :

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yatangaje ko ingabo z’u Burusiya zafashe uduce 19 two mu majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Ukraine, mu ntara za Dnipropetrovsk na Zaporizhzhia, mu bitero zagabye muri iyi mpeshyi.

Mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatandatu, iyi Minisiteri yavuze ko ayo makuru yashingiye kuri raporo ya Pyotr Bolgarev, uyoboye itsinda ry’ingabo z’u Burusiya ziri mu burasirazuba.

Icyakora, Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya ntiyatangaje amazina y’utwo duce 19 ivuga ko yafashe.

Yatangaje kandi ko ingabo z’u Burusiya ziherutse gufata agace ka Rybalskoye ko mu ntara ya Zaporizhzhia.

Muri uyu mwaka, umuvuduko w’ingabo z’u Burusiya ku rugamba waragabanyutse, mu gihe Moscow yakajije ibitero ikoresheje missiles ballistique kuri Kyiv no mu yindi mijyi ya Ukraine.

Ku wa Gatatu, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko ingabo z’igihugu cye zongeye kwigarurira kilometero kare 745 z’ubutaka bwagenzurwaga n’u Burusiya muri uyu mwaka, mu bice byo mu majyepfo ashyira Uburasirazuba aho imirwano ikomeje kubera.

U Burusiya bwavuze ko bwafashe uduce 19 muri Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages