Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya yatangaje ko ibyo bitero bishya bizibasira ibigo by’inzego zifata ibyemezo n’ahakorera ubuyobozi bwa gisirikare, hamwe n’inganda zikora indege nto zitagira abapilote muri uwo mujyi.
Moscow yasabye abanyamahanga n’abadipolomate kuva muri Kyiv vuba bishoboka, inaburira abaturage kwirinda kwegera inyubako z’ubuyobozi n’iza gisirikare.
Ukraine yavuze ko ibyo u Burusiya bwatangaje ari ugushaka gukanga no kuyishyiraho igitutu, isaba ibihugu biyishyigikiye kongera igitutu ku Burusiya.
Mu itangazo rya Ukraine, yavuze ko kuba Moscow yaburiye abanyamahanga “bigaragaza ko yemera ko ibitero byayo bigamije no gutera ubwoba abahagarariye ibihugu by’amahanga”.
Iryo tangazo ryakomeje rivuga ko ibitero by’u Burusiya kuri Kyiv “bitigeze bihagarara hafi na rimwe mu cyumweru” kuva intambara yatangira, kandi ko umutekano muke uterwa na Moscow “ukimeze nk’uko wari umeze mu myaka cyangwa mu mezi ashize”.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko ibitero bikomeye u Burusiya bwagabye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu byahitanye abantu bane, bikomeretsa abagera ku 100 muri Kyiv no mu tundi duce.
Moscow yavuze ko ibyo bitero, ndetse n’ibindi yihanangirije ko ishobora kugaba, ari igisubizo ku cyo ivuga ko cyari igitero cya Ukraine cyagambiriwe ku icumbi ry’abanyeshuri mu mujyi wa Starobilsk ku wa Gatanu, aho abayobozi b’u Burusiya bavuze ko abantu 21 bahasize ubuzima.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!