00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwashyizeho itsinda ry’igisirikare rishinzwe gukoresha ’drones’

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 13 June 2025 saa 07:42
Yasuwe :

Ingabo z’u Burusiya zashyizeho itsinda ry’Igisirikare ryihariye, rishinzwe gukoresha ’drones’ no gukurikirana ikoranabuhanga ryayo, mu rwego rwo kongera ubushobozi muri iki cyiciro gisigaye gifashe runini mu ntambara zigezweho.

U Burusiya bwagizweho ingaruka n’ibitero karundura bya Ukraine byifashishaga drones, gusa nabwo bwateye intambwe ifatika mu guteza imbere icyo cyiciro cy’imirwanire mu ntambara zigezweho.

Icyakora iyi ntambwe yatewe igiye kurushaho gushyirwamo imbaraga binyuze mu gushyiraho itsinda ryihariye mu gisirikare cy’u Burusiya, rishinzwe gusa gukoresha drones ndetse n’ikoranabuhanga rijyana nayo, riri kurushaho gutera imbere umunsi ku wundi.

Perezida Vladimir Putin yavuze ko drones zagize uruhare rungana na 50% mu bijyanye no gusenya ibikoresho bya Ukraine birimo imodoka z’intambara n’ibindi.

U Burusiya bwashyizeho itsinda ry'igisirikare rishinzwe gukoresha 'drones'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages