Ibi ni ibyatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Budage, yanavuze ko u Burusiya bwashatse kwivanga no guhungabanya amatora muri Gashyantare 2025 nk’uko umuvugizi w’iyi minisiteri yabivuze.
Ati “Ubutasi bwacu bwagaragaje ko ubutasi bw’igisirikare cy’u Burisiya aribwo bwihishe inyuma y’ibyo bitero.”
Asobanura ko ibyo bitero byagabwe n’itsinda ry’aba-hacker bazwi nka ‘Fancy Bear’ bakunze kugaba ibitero by’ikoranabuhanga ku bihugu bitandukanye.
Ku bijyanye n’amatora u Budage bwagaragaje ko u Burusiya bwakoresheje amashusho mahimbano agaragaza ko amajwi yibwa muri iki gihugu kugira abaturage ntibazajye gutora cyangwa ngo bizere ibyavuye mu matora ibyari guhungabanya amatora icyo gihe.
Guverinoma y’u Budage yavuze ko izaryoza u Burusiya ibyo bitero ndetse ko iri gukorana n’ibihugu byo mu Burayi kugira ngo higwe ku cyo bazakorera u Burusiya.
Si u Budage gusa butatse ibitero by’ikoranabuhanga by’u Burusiya kuko u Bwongereza na Romania na byo byagaragaje ko byigeze kugabwaho ibyo bitero.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!