Iki gitero cyabaye ku Cyumweru, tariki ya 13 Nzeri 2026, hafi ya sitasiyo ya Yahodyn. Ukrzaliznytsia yavuze ko gariyamoshi yari itwaye Johnson, abajyanama mu by’umutekano n’abandi bari bavuye i Kyiv berekeza i Warsaw, yari imaze igihe gito kuri iyo sitasiyo mbere y’uko indege itagira umupilote irasa gari ya moshi yari ihagaze.
Umukozi wari ushinzwe gukurikirana umutekano yabonye iyo ndege, bituma hatangwa itegeko ryo guhungisha abagenzi hasigaye iminota igera kuri 15 ngo igitero kibe. Gariyamoshi yari itwaye Johnson na yo yahavuye mbere y’igihe cyari giteganyijwe. Muri iyo sitasiyo hari n’indi gariyamoshi yari irimo David Petraeus, wahoze ayobora urwego rw’ubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, CIA.
Johnson yavuze ko atumva impamvu u Burusiya bwarashe gariyamoshi yari ihagaze hafi y’umupaka. Yagaragaje ko icyo gitero ari urugero rw’ibyo abaturage ba Ukraine bahura na byo buri munsi, anasaba ibihugu bishyigikiye Ukraine kuyongerera ubushobozi bwo kwirinda ibitero byo mu kirere.
Abayobozi ba Ukraine na Pologne batangaje ko indi gariyamoshi yari itwaye abagenzi 206, iva i Kyiv yerekeza i Warsaw, yarashwe hafi y’umupaka, ariko nta muntu wahasize ubuzima.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!