00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwasabye isubukurwa ry’ibiganiro byo kugabanya intwaro z’ubumara

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 January 2025 saa 04:05
Yasuwe :

Perezidansi y’u Burusiya yasabye Amerika ko ibiganiro bigamije kugabanya intwaro z’ubumara ibihugu bitunze bisubukurwa mu maguru mashya.

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Burusiya, Dmitry Peskov kuri uyu wa 24 Mutarama 2025, yatangaje ko u Burusiya nta ruhare bwagize mu guhagarika ibiganiro, ahubwo ari Amerika yari imaze igihe yarahagaritse umubano no kuvugana n’iki gihugu.

Ati “Mu nyungu z’Isi n’abaturage b’ibihugu byacu, dufite ubushake bwo gutangira ibiganiro vuba bishoboka.”

Yavuze ko aho ibintu bigeze, hagomba kwitabwa no ku ntwaro z’ubumara zisanzwe mu bubiko, zirimo iz’u Bufaransa n’u Bwongereza.

Ati “Ubu umupira uri mu kibuga cy’Abanyamerika kuko ni bo bagiye banga ibikorwa byose byabahuza n’igihugu cyacu mu bihe byashize.”

U Burusiya butangaje ibi nyuma y’uko Perezida wa Amerika Donald Trump ubwo yari mu nama ya World Economic Forum, ku wa 23 Mutarama, yavuze ko yizeye kuzagirana ibiganiro n’u Bushinwa n’u Burusiya ku byerekeye uko bagabanya intwaro z’ubumara ibihugu bitunze.

Trump yavuze ko kubungabunga izo ntwaro bitwara ikiguzi kinini.

U Burusiya na Amerika byigeze kuba mu nzira yo gusinya amasezerano ajyanye no kugabanya intwaro z’ubumara bibitse mu bubiko, ariko mu 2023 u Burusiya bwahagaritse uwo mugambi kubera ubufasha Amerika yatanze mu ntambara na Ukraine.

RT yanditse ko u Burusiya buzakomeza gukurikiza ingingo ziri mu masezerano ndetse Putin we yahamije gukoresha intwaro z’ubumara byagerwaho ari uko nta kindi gisubizo gihari.

Dmitry Peskov yagaragaje ko u Burusiya bwiteguye ibiganiro byo kugabanya intwaro z'ubumara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages