Putin yavuze ko abantu icyenda bakomerekeye mu gitero cyagabwe mu mujyi wa Starobilsk mu gace ka Luhansk. Abanda bantu 15 baburiwe irengero.
Ukraine yavuze ko yarashe icyicaro cya cy’itsinda rirwanisha drones muri Starobilsk. Ntibyatangajwe niba inyubako bavugaga ari yo n’u Burusiya bwemeje ko yarashwe.
Putin ati “Nta nyubako za gisirikare, nta bikorwaremezo by’ubutasi cyangwa ibindi bifitanye isano biri muri izo nyubako.”
Putin yasabye ingabo gutegura uburyo bwo gusubiza iki gitero.
Ubutegetsi bw’u Burusiya bwavuze ko ibitero byagabwe ubugira gatatu hagabwa drones 16.
Umwe mu banyeshuri u Burusiya bwavuze ko abanyeshuri benshi bakomerekejwe n’ibisigazwa by’inyubako yasenyutse.
Ku wa 21 Gicurasi, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy yatangaje ko barashe ku biro bikuru by’ubutasi bw’u Burusiya, FSB mu ntara u Burusiya bwigaruriye ya Kherson.
Byavuzwe ko abantu 100 mu bari muri ibyo bice bishwe cyangwa bagakomereka. U Burusiya ntibwagize icyo buvuga kuri iki gitero.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!