00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwarashe muri Ukraine drones 267 mu ijoro rimwe

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 23 February 2025 saa 10:48
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’igisirikare cya Ukraine bwatangaje ko u Burusiya bwagabye igitero gikomeye cy’indege zitagira abapilote ’drones’ mu ijoro ryo ku wa 22 Gashyantare 2025, gica agahigo ko kuba ari cyo cyarashishijwemo ’drones’ nyinshi inshuro imwe, kuva intambara ihanganishije ibyo bihugu yatangira.

Umuvugizi w’igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere, Yuriy Ignat, yavuze ko u Burusiya bwarashe kuri Ukraine drones 267, aho 138 zahagaritswe n’ubwirinzi bw’igisirikare kirwanira mu kirere naho izindi 119 zaburiwe irengero, ndetse ntabwo zigeze zigira icyo zangiza.

Inzego z’ubutabazi zavuze ko hari drones zimwe zaba zaciye mu rihumye zikangiza byinshi mu bice bitandukanye muri iki gihugu.

Iki gitero cy’u Burusiya kibaye mu gihe huzuye imyaka itatu iyi ntambara ihanganishije ibi bihugu bibiri itangiye.

Nta makuru arajya hanze avuga abantu bapfiriye muri ibi bitero, ariko imibare yatangajwe n’inzego z’ubutabazi igaragaza ko byibura abantu batatu ari bo bakomeretse.

Ku rundi ruhande, Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yatangaje ko Ukraine na yo yaraye irashe drones 20 ku gihugu cyabo, ari ko zahise ziburizwamo n’ubwirinzi bw’icyo gihugu.

U Burusiya bwarashe muri Ukraine drones 267 mu ijoro rimwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .