Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yavuze ko ibyo bitero byagabwe ku bwato butwara imizigo bwapakururaga ibintu ku cyambu cya Chornomorsk, ububiko bw’ibikoresho bya gisirikare ndetse n’ibigega bibikwamo ibikomoka kuri peteroli n’ibindi bikoreshwa mu gutwara ibinyabiziga.
U Burusiya kandi bwatangaje ko bwarashe ahantu habikwaga kandi hapakirwaga imizigo ku cyambu cya Odesa.
Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yavuze ko yarashe ububiko bwa drones za Ukraine icyakora Reuters yatangaje ko itabashije kugenzura ibikubiye mu itangazo ry’u Burusiya niba ari ukuri byose.
Ibitero bibaye mu gihe intambara imaze imyaka igera kuri ine n’igice hagati y’u Burusiya na Ukraine ikomeje gukaza umurego, cyane cyane mu bice byo ku Nyanja y’Umukara no ku Nyanja ya Azov.
Muri iki gihe, impande zombi zakomeje kugaba ibitero ku bwato butandukanye, harimo ubutwara ibikomoka kuri peteroli n’ubutwara ibicuruzwa binyuranye. Ibyambu byo ku Nyanja y’Umukara bifite akamaro kanini ku bukungu bwa Ukraine kuko ari inzira y’ingenzi ikoreshwa mu gutwara no kohereza ibicuruzwa ku masoko mpuzamahanga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!