Izo ndege zahanuwe mu bice bitandukanye by’u Burusiya birimo Crimea, Bryansk, Krasnodar, Smolensk, Rostov, Kursk na Kaluga, utu duce twagabweho ibitero turi hafi y’umupaka wa Ukraine.
Umuyobozi w’Akarere ka Yartsevo mu Ntara ya Smolensk, Roman Zakharov, yemeje ko ibisigazwa byaturikijwe byagwiriye ahabikwa ibikomoka kuri peteroli bigateza inkongi y’umuriro ariko uhita ukumirwa.
Uretse ibitero by’indege, Ukraine yohereje misile mu Ntara ya Kursk, Umujyi wa Lgov, ibi byatangajwe na Guverineri w’iyi ntara, Alexandr Khinshtein, aho yavuze ko ibyangiritse ari byinshi cyane.
Ukraine yakomeje kugaba ibitero bya drones na misile ku bikorwaremezo by’abaturage harimo amacumbi ndetse n’inganda zitunganya ibikomoka kuri peteroli, Moscow nayo yagiye yihimura igaba ibitero ku bigo by’ingufu za Ukraine ndetse n’ibigo bya gisirkare.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!