Ibi bitero bikomeye byagabwe mu gihe muri Leta ya Florida muri Amerika hari kubera ibiganiro by’itsinda ry’Abanya-Ukraine n’Abanyamerika.
BBC yanditse ko igitero kimwe cyagabwe kuri sitasiyo ya gari ya moshi mu mujyi wa Fastiv, mu majyepfo ya Kyiv inyubako yayo y’ibanze irangirika.
U Burusiya bwatangaje ko bwarashe ibice birimo ibigo bya gisirikare, inganda z’ingufu n’ibyambu.
Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yamaganye ibi bitero avuga ko ku wa Mbere azajya mu Bwongereza mu nama izahuza abayobozi b’u Bwongereza, u Budage, Ukraine n’u Bufaransa igamije kotsa igitutu u Burusiya.
Ati “Tugomba gukomeza kotsa igitutu u Burusiya tukabuhatira kugana inzira y’amahoro.”
Minisiteri ishinzwe ingufu muri Ukraine yatangaje ko ibitero by’u Burusiya byibasiye ibice umunani bituma amashanyarazi abura ku wa 6 Ukuboza 2025.
Ukraine ivuga ko kurasa sitasiyo ya gari ya moshi yagabweho ibitero ntaho iihuriye n’ibikorwa byayo bya gisirikare kandi ngo u Burusiya bwabikoze bubizi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!