00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwagabye kuri Ukraine ibitero bya drones zirenga 600

Yanditswe na Uwizeyimana Rosette
Kuya 2 June 2026 saa 02:45
Yasuwe :

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 2 Kamena 2026, u Burusiya bwagabye ibitero karundura mu murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv no mu bindi bice, gihitana abarenga 13, abandi benshi baburirwa irengero.

Tariki ya 23 Gicurasi 2026, u Burusiya bwari bwahigiye kwihorera nyuma y’aho Ukraine igabye ibitero ku butaka bugenzura, birimo icyatwaye ubuzima bw’abanyeshuri 18, abandi 42 bagakomereka.

U Burusiya bwohereje muri Kyiv, Dnipro no mu bindi bice bya Ukraine indege 656 zitagira abapilote ndetse na misile zigera kuri 73. Uretse abapfuye n’abaheze mu nzu zasenyutse, abantu 100 bakomeretse bikomeye.

Ibi bitero kandi byagabwe ku bigo bya gisirikare bya Ukraine, ibikorwaremezo bitanga ingufu, iby’ubwikorezi, bisenya inyubako nyinshi zirimo iz’ubucuruzi mu turere dutandukanye.

Leta ya Ukraine yavuze ko ibitero by’u Burusiya bigamije kuyishyiraho igitutu kugira ngo yemere ibyo busaba.

Yaboneyeho gusaba ibihugu by’inshuti nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’iby’i Burayi gushyira igitutu kuri Moscow.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yagize ati "Ubufasha bwa Amerika bwo kutwoherereza misile za Patriots ni ingenzi cyane. Duhanze amaso ubufasha bw’inshuti zacu n’igisubizo gifatika ku bitero by’uyu munsi."

Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yatangiye muri Gashyantare 2022. Impande zombi zumvikana ku gahenge ariko ntikarambe.

Ibice byo muri Ukraine birimo Kyiv byabyukiye mu muriro w'ibitero by'u Burusiya
Inyubako n'ibinyabiziga byangijwe n'ibi bitero
Abarenga 100 bakomerekeye muri ibi bitero

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages