Iki gitero cyasenye inzu zitandukanye, gitera inkongi mu bice bitandukanye by’umujyi.
Abayobozi bo mu gisirikare cya Ukraine batangaje ko mu bapfuye harimo n’abana, mu gihe abandi benshi bakomeretse bikomeye. Bamwe mu bakomeretse bajyanywe mu bitaro, mu gihe ibikorwa byo gushakisha abarokotse byakomeje mu duce twibasiwe cyane.
Amashusho yashyizwe hanze agaragaza inkongi zikomeye mu bice bitandukanye by’umujyi, imodoka n’inzu byangiritse bikomeye, ndetse n’umwobo munini watewe n’ibisasu byaguye mu gace kamwe ka Kyiv.
Abashinzwe ubutabazi bavuga ko abantu nibura 34 barokowe bakuwe mu bisigazwa by’inyubako zasenyutse, mu gihe ibikorwa byo gutabara bikomeje. Ahandi, harimo ahari ibitaro n’inzu ndende, hakomeje kugaragara ibyangiritse cyane.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yari yaburiye abaturage mbere y’iki gitero, abasaba kwitwararika no kujya mu myobo y’ubwihisho kuko hari amakuru y’uko u Burusiya bwari buri gutegura igitero kinini.
Ku ruhande rwayo, Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yatangaje ko iki gitero cyibasiye ibikorwaremezo by’ingufu n’iby’ingabo bya Ukraine, ivuga ko ari igisubizo ku bitero Ukraine iherutse kugaba mu Burusiya.
Iri ni kimwe mu bitero bikomeye bimaze iminsi biba, cyongeye gukaza umwuka mubi mu ntambara imaze igihe hagati y’impande zombi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!