Ibi bitero byagabwe mu gitondo cya kare, bisenya inyubako z’amagorofa, inzu ndetse n’ibindi bikorwaremezo byo mu mujyi.
Abashinzwe ubutabazi muri Kyiv bahise batangira ibikorwa byo gushakisha no gukura abantu bari bagwiriwe n’ibisigazwa by’inyubako zasenywe. Umuyobozi w’ingabo muri Kyiv, Timur Tkachenko.
Umuyobozi wa Kyiv, Vitali Klitschko, yavuze ko misile zarashwe ahantu hatandukanye mu mujyi, bituma inzu z’abaturage zishya. Amaduka, ububiko n’ahakorera imirimo y’ubukanishi nabyo byangiritse cyane.
Ibi bitero bibaye mu gihe Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yari yatanze impuruza ko u Burusiya bushobora kongera kugaba ibitero bikomeye nyuma y’ibindi byahitanye abantu 30 mu minsi ishize. Zelensky kandi yavuze ko amakuru y’ubutasi agaragaza ko Kyiv ishobora kongera kugabwaho ibitero bikomeye.
Ibi byabaye mu gihe hitegurwaga inama ya NATO muri Turukiya, aho Zelensky yari ategerejwe kuganira na Perezida wa Amerika Donald Trump ku bufasha ku ntambara.
U Burusiya bwavuze ko bwibasiye ibikorwaremezo bya gisirikare n’ingufu, mu gihe Ukraine yo ishinja Moscow kwibasira abasivili ku bushake.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!