00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burayi bugiye gukora inama yiga ku ntambara ya Ukraine

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 16 February 2025 saa 01:58
Yasuwe :

Abayobozi bo mu bihugu by’u Burayi bagiye gukora inama yiga ku ntambara ya Ukraine ndetse n’intambwe yatewe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu kuyihosha.

Iyi nama yatumijwe na Perezida w’u Bufaransa, Emanuel Macron, iteganyijwe kuba ku wa 17 Gashyantare 2025.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Pologne, Radoslaw Sikorski, yavuze ko Macron yatumijeho inama y’ibihugu by’u Burayi ndetse anashimangira ko iyo nama yari ikenewe.

U Burayi bwasabye ko nabwo bwajya muri ibyo biganiro ariko biba iby’ubusa.

Ibihugu byo mu Burayi bigaragaza ko bitizeye umutekano uhamye uzaturuka mu biganiro hagati ya Amerika n’u Burusiya bwo butabigizemo uruhare.

Abadipolomate batashatse gutangaza amazina yabo bavuze ko iyi nama izitabirwa n’ibindi bihugu bitaba mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) harimo n’u Bwongereza.

Perezida wa Ukraine uheruka kuburira ibi buhugu ko u Burusiya bushobora kubitera, ntibiramenyekana niba ari mu bazitabira iyi nama.

Perezida Macron yatumije inama izahuza abayobozi b'i Burayi yiga ku ntambara yo muri Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .