00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa:Umwiyahuzi yarasiwe ku cyicaro cya Polisi i Paris

Yanditswe na

Jean Baptiste Nshimiyimana

Kuya 7 January 2016 saa 06:34
Yasuwe :

Polisi mu Mujyi wa Paris yatangaje ko yarasiye umwiyahuzi ku cyicaro cyayo mu Majyaruguru y’Umurwa mukuru, ubwo yageragezaga kwinjira kuri Polisi yihambiriyeho igisasu.

Kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Mutarama Polisi ya Paris yarashe umugabo wihambiriyeho ibisasu afite n’icyuma, washakaga kwinjira mu nyubako y’icyicaro cya Polisi mu gace ka La Goutte d’Or.

Ikinyamakuru le Point gitangaza ko Polisi yavuze ko uretse uyu barashe, hari n’undi wahise ahunga.

Kuri ubu ku nyubako yitwa Le boulevard Barbès harafunze, ari nako abapolisi bafite intwaro zihambaye bakwirakwizwa muri aka gace.

Abaturage baturiye hafi y’icyicaro cya Polisi nabo bahize bategekwa kuguma mu nzu zabo no gufunga amadirishya yose.

Amafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umugabo wambyaye ipantaro yo mu bwoko bwa jeans n’agakoti k’ikigina, aryamye n’ibisasu bye iruhande rw’umuryango winjira ku cyicaro cya Polisi.

Ibi bibaye mu gihe hari hashize umwaka umwe ikinyamakuru cya Charlie Hebdo kigabweho igitero, no mu Gushyingo 2015, i Paris hagabwe ibindi bitero byahitanye abantu 130.

Abapolisi bahise bakwirakwizwa muri ako gace kose
Umwicanyi yari aryamye impere y'icyicaro cya polisi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages