00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Telefone zishobora gucibwa mu mashuri yisumbuye

Yanditswe na Mukundwa Angelique
Kuya 1 January 2026 saa 10:56
Yasuwe :

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa batangaje ko bagiye kwiga ku mushinga w’itegeko rigamije kugabanya imikoreshereze y’imbuga nkoranyambaga, ku bana bafite munsi y’imyaka 15 no guca telefone mu mashuri yisumbuye.

Uyu mushinga uzaganirwaho mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa ku wa 19 Mutarama 2026.

Uyu mushinga ugamije gukumira serivisi z’imbuga nkoranyambaga ku mwana uri munsi y’imyaka 15 guhera ku itariki 1 Nzeri 2026, ndetse usaba kwagura icyemezo cyo guca telefone ngendanwa mu mashuri y’inshuke n’abanza u Bufaransa bwatangije mu 2018 kugira ngo cyimurirwe no mu mashuri yisumbuye.

Uyu mushinga w’itegeko ushingiye ku bushakashatsi bwerekana ibyago biterwa no gukoresha telefone birimo gukorerwa ihohoterwa ku mbuga nkoranyambaga no kubura ibitotsi.

Abadepite benshi bo mu ishyaka rya Perezida Macron bemeje uyu mushinga mu Ugushyingo 2025.

Kuri ubu Australie ni cyo guhugu cyaje ku mwanya wa mbere mu bihugu byashyizeho itegeko rihana ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga ku bana bari munsi y’imyaka 16.

Abana bari munsi y’imyaka 16 ntibemerewe gukoresha imbuga nkoranyambaga, zirimo X, TikTok, Facebook, Threads, Instagram, YouTube na Snapchat, ndetse abafungura konti nshya bari muri iki kigero zizajya zihita zisibwa.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages