Mu kiganiro uyu mugore wahawe izina rya Nadia yagiranye na BFMTV kuri iki Cyumweru, yavuze ko nubwo abigaragambya babitewe n’uburakari bw’urupfu rw’umwuzukuru we, aho bigeze bikwiriye guhagarara.
Ati “Ndasaba abantu bari kwangiza, mubihagarike. Mwisenya inzu, amashuri cyangwa ngo mushwanyaguze imodoka rusange. Hari ababyeyi nkanjye bagenda muri izo modoka, hari ababyeyi nkanjye bagenda mu mihanda.”
Uyu mugore yavuze ko hari abigaragambya bari kwitwikira inyuma y’urupfu rw’umwuzukuru we kugira ngo bakore ibyaha, avuga ko abo nta mbabazi abafitiye ahubwo bakwiriye kugezwa mu butabera.
Guhera kuwa kabiri w’icyumweru gishize u Bufaransa bwibasiwe n’imyigaragambyo ikomeye nyuma y’iraswa ry’umwana w’imyaka 17 witwa Nahel M ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa na Algeria.
Umupolisi wamurashe yamujijije ko yamuhagaritse mu muhanda undi akanga kubikora.
Nubwo inzego z’umutekano zahise zita muri yombo umupolisi warashe Nahel, hadutse imyigaragambyo ikomeye yageze no mu bindi bihugu nk’u Busuwisi n’u Bubiligi.
Abapolisi basaga 45 000 nibo boherejwe mu mihanda guhangana n’abigaragambya, abantu basaga 1300 bakaba bamaze gutabwa muri yombi.
Byatumye Perezida Emmanuel Macron asubika uruzinduko yari afite mu Budage kuri iko Cyumweru kubera ubukana bw’imyigaragambyo ikomeje kuyogoza ibice bitandukanye by’u Bufaransa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!